samedi 24 novembre 2007

UMUNSI MUKURU WA KRISU MWAMI C

UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI
25 ugushyingo 2007 umwaka C

2Sam 5,1-3
Kol 1,12-20
Lk 23,35-43
Ku cyumweru cya 34 ari nacyo gisoza umwaka, Kiriziya iraturarikira guhimbaza umunsi wa Kristu Mwami. Ni umunsi wagiyeho vuba aha ugererenayije n’indi minsi mikuru ya Kiriziya kuko washyizweho na papa Piyo wa XI muri 1925. Watekerejwe mu gihe abantu bari batangiye gusa n’abakeka ko ubuhanga n’ubwenge bwa muntu byamuha uburenganzira bwo kwingenga. Atari ya ngabire isumba zose muntu yaremanye, ahubwo kwigerezaho maze muntu akumva yasumba Uwamuhanze cyangwa se nawe akaba yasimba akarema Imana. Muri Kiriziya, havutse amashyirahamwe y’abakristu agamije gufatanya kubaho mu kwemera: amashyirahamwe y’abalayiki, imiryango y’agisiyo gatolika...Intego yari iyo guhamya ukwemera, atari gusa muri kiriziya cyangwa aho padiri areba, ahubwo gushingira ubuzima bwose kuri Kristu, ishusho y’Imana itagaragara nkuko Pawulo mutagatifu abivuga mu isomo rya kabiri. Mu munsi ya mbere, umunsi wa Kristu Mwami bawuhimbazaga bakora umutambagiro nko ku munsi w’Isakaramentu ritagatifu. Intego yari iyo kugaragaza ko ubukristu bufite imbaraga bimwe twakwita urudini. Gahoro gahoro, kiriziya yagiye yumva ko ubwami bwa Kristu atari ukugwiza abayoboke cyangwa kwiyerekana mu mihanda. Ubwami bwa Kristu bushingiye ku gitambo cya Kristu ku musaraba; abiyoroshya bakaba aribo babuyoboka nk’igisambo cyakeje Yezu ku musaraba (ivanjiri). Yezu ati uyu munsi turaba turi kumwe mu bwami bwanjye. Umunsi mukuru duhimbaza rero ni uwo kunagura ukwemera kwacu nk’uko umuryango wa Isiraheli wabwiye Dawudi uti: uzatubere umwami kuko na mbere hose ari wowe waturengeye. Ku bemera, guhimbaza Kristu Mwami si ugukoma amashyi cyangwa guhomerera (fanatisme), si uguca igikuba ngo uwo tudahuza imvugo tumubuze amahwemo (intégrisme), si ukujyanwa na serwakira ngo uko zivuze nyamahembe (formalisme); ni ugushikama tukayaboka uwo twemera maze tukanyura inzira yanyuze. Ni ukwemera natwe tukitangira abandi cyane ko uwo twemera yaducunguje amaraso y’igiciro gikomeye. Iyi nzira ni imwe kandi ntihindurwa n’ibihuhera by’ibihe ngo none tuvuge ngo twagirumwami maze ejo duhindure ngo kagire perezida cyangwa irindi zina. Kristu ni umwe none, ejo hahise ndetse n’ahazaza. Ni Kristu uko ibihe bizahora bisimbura iteka! Imvugo nk’iyi ishobora guhungabanya abari bamenyereye amagambo uburenganzira, ubwisanzure, uburinganire, ubwigenge...Uzayoboka Kristu niwe uzaba yigenga kuko aba azi icyo akurikiye: Kristu ni inzira, ukuri n’ubugingo. Ntaterwa isoni n’ukwemera kwe. Nko mu minsi ya mbere y’uyu munsi duhimbaza, abakristu tugomba gushirika ubwoba tugahamya ukwemera mu magambo, mu bikorwa, mu byifuzo, mu myitwarire...Si ukwemera mu itumba ngo akazuba nikava Imana tuyisabe uruhushya twigire mu byacu; si ukuyiharira abaturage n’injinji ngo abanyabwenge ntitubona igihe cyo kurindagira!!! Si ukwitwa abakristu mu mbago za paruwase maze twagera mu mirimo dushinzwe ntibigaragare ko turi abayoboke ba Yezu. Aha ndavuga nk’abari mu nzego zifata ibyemezo cyangwa se ziga zikanashyiraho amategeko. Niba twemeye kuba abakristu, tumuyoboke twese: twebwe n’abacu kandi jyewe wese.
Kristu Mwami watwitangiye ku musaraba, turakuramya. Turifuza kukubera abayoboke, dutsindire indwara y’isoni n’ubwoba, tutsindire ubunebwe, udutsindire izima rya muntu maze tukuyoboke tunakuyoboraho abo waturagije. Amen!

samedi 17 novembre 2007

ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 33 MU BYUMWERU BISANZWE
18 ugushyingo 2007 umwaka C

Mal 3,19-20
2 Tes 3,7-12
Lk 21,5-19
« Dore igihe kirageze muvandimwe, kuko ibyo Yezu yatubwiye bigiye gusohoza ». Ntawe utibuka ukuntu abantu bacitse ururondogoro ngo umwaka w’ibihumbi bibiri uzaba imwaka w’imperuka ndetse hari n’indirimbo zahimbwe zisa n’izemezaga ko imperuka yageze. Muri izo harimo n’iriya nteruro natangije inyigisho. Ivanjiri ya none iravuga uko ibihe bya nyuma bizaba bimeze. Siniriwe ntinda mu mateka ya kiriziya ngo nsobanure uko abantu bagiye bacyeka ko ibihe barimo aribyo bya nyuma cyane cyane bahereye ku magorwa babaga barimo. Nagirango gusa mbibutse interuro isoza : mu bwiyumanganye bwanyu ni ho muzarokora ubuzima bwanyu. Ibihe ntituzabibuza guhita kandi ibibi n’ibyiza biragendana, byose bigaterwa n’imyumvire yacu. Yezu ntayobewe uko isi iteye, ndetse ntanirengagiza ubukana bw’icyaha, yemwe ntanagambiriye guca igikuba. Arigisha kudaheranwa n’ibihindagurika ngo umuntu yibagirwe isano afitanye n’Iyamuhanze. Ibyo rero bisaba guhoza ijisho mu cyerekezo nyacyo cy’ubuzima, hato inkubiri y’ibihe itavaho iduca mu rihumye. Umuhanuzi Malakiya yabisobanuye ku buryo bunoze: dore haje umunsi utwika nk’itanura ; abirasi bose n’abagome bakazagurumana nk’ibyatsi...Naho mwebwe, abubaha izina ryanjye, izuba ry’ubutabera rigiye kubarasiraho. Aya magambo si amareshyamugeni, cyangwa ibikabyo. Ntitwagombye kuyasoma duhereye ku buryo bwacu bwo kureba no guca urubanza cyangwa ngo tuyashingireho dukore isesengura ry’amateka turimo. Tuzi neza ko ibihe turimo, byiza cyangwa bibi, biterwa n’imyitwarire yacu cyangwa ingaruka z’ibyo abatubanjirije bakoze. Ibimenyetso rero by’ishira ry’isi- nanjye mbyite ntyo- ni uburyo bwo kureba uko tubayeho, icyerekezo cy’ibitekerzo n’imigambi yacu, amatwara twimirije imbere…maze tukibaza koko niba isi itarimo idushirana cyangwa niba tutarimo tuyihuhura ngo ishire. Ubushize nababwiraga bimwe mi bitekerezo isi iriho ishaka gushingiraho imyumvire y’ubuzima( reba umunsi w’abatagatifu bose), none se nidukomeza kuriya, muremeza ko isi tutazayihuhura? Kandi nishira natwe tuzashira kuko ni kimwe no gutema ishami twicayeho. Yezu ntadukura umutima cyane ko anatubwira ko nta gasatsi kacu kazagira icyo kaba; ahubwo aradukomeza ngo tube abahamya b’ukuri kwe muri iyi ntambara y’icyaha. Tuzabe dufite ingabo y’umutamenwa! Sinshinyagura, ariko umugambi w’Amerika wo kubaka ingabo yo gukingira igihugu cyabo ndibwira warayoyotse. Ingabo iturinda ni ukwemera kwacu; kwa kundi gushobora gutuma duhara amagara yacu ngo isi dutuye ikunde ibe umutako wa Nyiribiremwa n’inzu ya bose; kwa kundi kwatuma twatura tukigisha ko abatunganira Imana, izuba ry’ubutabera rigiye kurasa kabone niyo baba batotezwa; kwa kundi- ndavuga ukwemera- kwatubuza gutwarwa n’imishinga itari mike dukora twirengagije abo dusangiye kubaho; kwa kundi kwatubuza kugoheka igihe hirya no hino abantu barengana, bahohoterwa, bapfa. Kwa kundi kwatuma twishushanya na Yezu wamenye amaraso ye ngo ahurize bose mu muryango umwe. Uko kwemwra gusaba ubwiyumanganye, umuhate, isengesho…muri macye, kutahera mu ma gambo nka Rukabyamurimbo Pawulo mutagatifu yacyahaga mu isomo rya kabiri.
Umunsi ugera Nyagasani yabigennye. Igihe tukiriho, twibuke impavu turiho kuko twabaho, twapfa, turi aba Nyagasani. Naharirwe ikuzo uko ibihe bihora bisimburana iteka. Amina.

samedi 10 novembre 2007

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 32 MU BYUMWERU BISANZWE
11 ugushyingo 2007 umwaka C

2 Mak 7,1-2.9-14
2 Tes 2,26-3,5
Lk 20,27-38
« Abavandimwe barindwi na nyina barafashwe ...», nguko uko umwanditsi w’igitabo cya kabiri cy’Amamakabe atangira isomo rya mbere. Tuzi neza uburyo abo bavandimwe bitwaye imbere y’uwabahatiraga kurenga ku mategeko n’imigenzo y’abakurambere. Nabibutsa ko ari muri iki gitabo hagaragara bwa mbere mu bitabo by’isezerano rya mbere -kimwe no mu gitabo cy’ubuhanga- inyigisho yerekeye izuka. Mu ivanjiri naho haravugwamo abavandimwe baridwi bashatse umugore umwe bose bagapfa nta numwe usize imbuto. Ikibazo kikaba kuzamenya nyir’umugore mu gihe cy’izuka( ariko umwaku uragwira si uwo uriya mugore yagize, ndetse niba abazutse bagomba gushaka abagore, uriya yari arwokoye kuko ubanza babanza bakajya kubaza abakuru niba yakongera kubona umwemera muri uriya muryango, niba ariko nabo bari bazima !!!). Birumvikana ko inyigisho y’iki cyumweru iganisha ku izuka ry’abapfuye. Iki kibazo cyazanywe n’abasaduseyi ngo batemeraga izuka. Ukwemera kwabo kwari gushingiye ku mategeko ya Musa. Ibitari byanditse muri bya bitabo bitanu byitirirwa Musa babifataga nk’ibihimbano. Abasaduseyi basanga Yezu, ntibari bakeneye kujijuka ahubwo bari bagambiriye kumugushamo cyangwa kumwereka ko ibyo yigisha bidafite ireme. Yezu ati Imana twambaza si Imana y’abapfuye ahubwo ni Imana y’abazima : Imana y’Aburahamu, Izaki, Yakobo, Musa...Usibye kwereka abasaduseyi ko ayo mategeko bagenderaho batanayasobanukiwe neza, Yezu aratwigisha natwe kumenya Imana twemera. Ni Imana yemeye kugendana na muntu mu mateka ye, ikamwigisha kuyikunda no kuyikorera nkuko nayo yagendaga imugaragariza urukundo rwayo. Ibyo byabaye impamo igihe ikuye umuryango w’abayisiraheri mu Misiri. Ibyo bizaba ukuri kuzuye, igihe Yezu yigize umuntu maze akemera kudupfira, akanazuka hato tutagirango ukubaho kwacu gushingiye kuri ubu buzima buhita, ahubwo ku bugingo buhoraho iteka, bwa bundi bariya bavandimwe barindwi bemeye gupfira. Izuka ry’abapfuye rero ntabwo twarigereranya no kuzamenya uzatwara uriya mugore muri bariya bavandimwe, cyangwa kuzamenya uzaba umukuru w’umuryango mubo tuvukana ; ntaho bihuriye no kumenya uko bizangenda niduhura n’uyu cyangwa n’uriya; uko tuzitwara cyangwa aho tuzica, umwanya nzaba mfite ( iruhande rw’ Imana, mu mwanya w’icyubahiro cyangwa muri ba rubanda), n’ibindi bibazo twakwibaza ku izuka. Ibyo byose bizarangirana n’ubu buzima kuko ubu niho dukenera umugore cyangwa umugabo, tugasonza cyangwa tukananirwa, tugaharanira kubaho neza no kujijuka, muri make tukabaho ariko ubuzima bwacu bugahora bubuga akantu ari nacyo gituma nyine upfuye atabyaye, umuvandimwe yagombaga gucyura umugore we ngo amubyarire. Mu izuka ubuzima bwacu buzaba bwuzuya kandi busendereye byo kutagira icyo turarikira kindi usibye kurangamira Imana. Igitabo cy’Ibyahishuwe cya Yohani intumwa kinongeraho ko tuzaba turirimba alleluya. Ababa baranyuze mu ishuri rya padiri Alfred Niyitegeka alias SOZO, bazi ikigereranyo k’ ikidawa, agacuma n’ikibindi. Byose iyo byuzuye amazi, nta na kimwe cyagombye kugira ipfunwe, ndavuga ikidawa ngo agacuma karandusha menshi cyangwa ngo ikibindi cyirabogaboga : ubuzima busesuye mu izuka niko buzaba bumeze : twese tuzaba dusendereye ubuzima. Ubuzima bw’Imana twemera kandi twamamaza, Imana yiyeretse abakurambere bacu, Imana ituhora hafi, ngo natwe tuyibere abahamya aka bariya bavandimwe kimwe na nyina wabo. Niharirwe ikuzo kandi ihore isingirizwa mu muzima bwacu ubu n’iteka ryose amina.

lundi 5 novembre 2007

ICYUMWERU CYA 31 MU BYUMWERU BISANZWE C

ICYUMWERU CYA 31 MU BYUMWERU BISANZWE
04 ugushyingo 2007

Buh 11,22-12,2
2 Tes 1,11-2,2
Lk 19,1-10
« Niyo mpamvu ituma tubasabira iteka, kugirango Imana ibahe gutunganya ibyo yabatoreye…Bityo, izina rya Nyagasani Yezu rizakurizwe muri mwe, namwe muri we, mubikesha ubuntu bw’Imana yacu n’ubwa Nyagasani Yezu ». Aya magambo ya Pawulo mutagatifu ari mu isomo rya kabiri, aratwinjiza mu nteruro rusange y’iki cyumweru. Igitabo cy’Ubuhanga cyiratwibutsa ko ibiriho byose byaremwe n’Imana ibitewe n’urukundo kandi ko itareba ibyaha by’abantu kuko iba yiteze ko bahiduka, bagakira. Urwo rukundo rwatumye Yezu yigira umuntu, nirwo rwamanuye Zakewusi mi giti kuko nawe ni umwana w’Aburahamu ; ntakwiye guhezwa kabone n’ubwo abandi bari baramugize umunyabyaha ruharwa. Yaba yari we, ibyo sinabihamya. Gusa nuko ngo yari umutware w’abasoresha bari bazwi kuba barakoreraga abaromani mu kunyunyuza abaturage. Icya mbere, ntibari bakunzwe. Indi kandi nabo ubanza barashyiragaho akabo. Mundinde kubagereranya na ba Rujigo bacu cyangwa abakora mu misoro. Bataba bene gitwe kinini, kuko uwakubitira ibwa gusutuma… Iyi nkuru ya Zakewusi iratangaje. Mutekereze umugabo w’umutegetsi, w’umukire, uhurura muri rubanda ngo akunde abone Yezu kugeza yurira igiti. Tumenyereye ko iyo habaye ibirori aburira ibiti ari abana; ariko nta mugabo wiyubashye wakora ibyo. Zakewusi we yarabikoze kandi byamukozeho. Yezu yarahageze arahagarara: azabe se yarabitewe nuko abandi babonye Zakewusi bikabatangaza maze bityo na Yezu akaboneraho akarangarira mu giti? Azabe se yari asanzwe azi Zakewusi maze akaba yari yagambiriye kujya iwe? Ibi bibazo ntibyoroshye gusubiza; gusa nabibutsa ko Yezu ateye ukwe. Igihe umugore wari umaze imyaka 18 arwaye kuva amukozeho, Yezu yatunguye imbaga yari imushagaye abaza ati ninde unkozeho. Birashoboka rero ko na Zakewusi yari yamubonye arimo ahihibikanira kumubona.
Ikindi gitangaje ni ishyushyu Zakewusi yagize Yezu ageze iwe. Ati: ibyo ntunze ndabigabana n’abakene kandi niba hari uwo nambuye ndamusubiza ibye mukubiye kane. Yezu ntacyo avuga ku migambi ya Zakewusi uretse gutangaza ko nawe ari umwana w’Aburahamu. Nyamara, hari ahandi Yezu atemera imigambi nk’iriya. Wa wundi wamubwiraga ati: nzagukurikira aho uzajya hose, Yezu akamubwira ati: wikozeho kuko Umwana w’umuntu ntagira aho akika umusaya. Uwamusabye kubanza guhamba ababyeyi yaramutsembeye,ati: reka abapfu bahambe abapfu babo. Yezu ariko ntahakana gusa by’umuntu utanyurwa. Umutware w’abasirikare wamusabaga ko amukiriza umugaragu yaramubwiye ati: itahire yakize; Umukobwa wa Yayiro nawe yakize gutyo; ababembe cumi nta mananiza yabashyizeho. Yezu anyurwa manuma kandi aka wa mugani w’abanyarwanda, akunda umugabo ntacyo amuhaye. Gusa rero ntiyanga n’uwo twita imbwa kuko isano dufitanye twese ni imwe: turi abana b’Imana ikunda bitagira urugero. Wenda imigambi ya Zakewusi irakomeye, jyewe sinayishobora. Wenda ntawe nambuye ngo ndihana nsubiza iby’abandi natwaye. Wenda sinkunda guhururira ibihinda byose ku buryo nanjye Yezu yandarura mu giti…Humura Yezu arakuzi kandi si ngombwa kurira igiti. Musange aho aganje mu mutima wawe. Gana umuryango mugari Yezu ahora atagatifurisha amasakaramentu ye cyane cyane Ukarisitiya na Penetensiya. Erega burya yaba ari butahe iwawe niba nawe wemeye gutaha. Hari n’ubwo umugore wawe, umwana wawe, padiri mubana muri paruwase, uwo musangiye umurimo, wa wundi muhurira ku kibuga wagiye gukina, hamwe ufata kamwe, barya bose nabo baba bakeneye kubona Yezu, nk’uko bagufasha kumubona. “Niyo mpamvu ituma tubasabira iteka, kugirango Imana ibahe gutunganya ibyo yabatoreye…Bityo, izina rya Nyagasani Yezu rizakurizwe muri mwe, namwe muri we, mubikesha ubuntu bw’Imana yacu n’ubwa Nyagasani Yezu”.
Nyagasani Yezu nabane namwe.

Rechercher dans ce blog

umuryango wa Thomas

umuryango wa Thomas

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI N'URUNGANO

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

MUSENYERI ASURA ABARWAYI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel

VSITE PASTORALE

VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI

VISITE PASTORALE

VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribanza

visite pastorale

visite pastorale
ishuri ribaza

visita pastorale

visita pastorale

visite pastorale

visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri

Visite pastorale

Visite pastorale
abana n'abakateshisti

Visite pastorale

Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA

Visite pastorale

Visite pastorale
accueil

ordination dell'abbé Claude Mutabazi

ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe

amafoto

amafoto
ishusho ya Bikira Mariya

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
ubusitani

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali

amafoto yo mu Rwanda

amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini2008

Corpus Domini2008
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini

Corpus Domini
umutambagiro

Corpus Domini 2008

Corpus Domini 2008
inkongoro

ikirugu

ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano

IKIRUGU

IKIRUGU

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI

YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU

ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO

URUBYIRUKO

URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

kiriziya ya mut Patero i Roma

kiriziya ya mut Patero i Roma

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU

ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA

SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE

SANCTUAIRE DE SAN  AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO

BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)

Archives du blog

Powered By Blogger

ikaze

mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,... Imana ibahe umugisha.

ERMO DELLE CARCERI

ERMO DELLE CARCERI
ASSISI

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana

abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi

ermo si San Vitaliano

ermo si San Vitaliano

Caserta

Caserta

reggia di Caserta

reggia di Caserta

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

Ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere

ukarisitiya ya mbere