UMUNSI MUKURU WA KRISTU MWAMI (ICYUMWERU CYA 34 2011A)
20 ugushyingo 2011 umwaka A
Ez 34,11-12.15-17
1Kor 15,20-26.28
Mt 25,31-46
Turahimbaza umumnsi mukuru wa Kristu Mwami, umugenga w'isi n'ijuru, umutware w'amateka n'ibihe. Ni umunsi isoza umwaka wa kiriziya tugatangira igihe cy'adiventi kitwinjira mu mateka y'intango y'ugucungurwa kwacu: ukwigira umuntu kwa Kristu. Uyu munsi duhimbaza uradufasha kumva uko Kristu asobanura ubwami bwe ndetse n'aho azahera atwemerera gusangira nawe ibyiza by'ijuru. Umuhanuzi Ezekiyeli aratwibutsa umugambi w'Uhoraho wo kwita ku muryango we nk'uko umushumba yita ku matungo ye. Ati: nzayitaho yose, nomore ayakomeretse, nshakashake ayazimiye nyagarure mu gikumba, nzita ku matungo arwaye ntibagiwe n'ameze neza. Nzayakenura mu butabera. Pawulo mutagatifu agaruka kuri iyi ngingo ariko asobanura aho intsinzi ya Kristu inganje: ngo umwanzi wa nyuma Kristu azatsinda ni urupfu bityo akazadusohoza ku Mana Data ngo dusangire iyo neza. Ntibizaba ariko kugendera mu kigare. Ivanjiri y'iki cyumweru iratubwira uko bizagenda ku munsi w'imperuka. Kristu azaza mu ikuzo rye ashagawe n'abamalayika maze asobanure ibintu: abeza bazinjirane nawe mu ngoma yabateguriwe naho ababi bazasange uwo bayobotse. Kubyandika gutya cyangwa kubisoma birasa n'aho byoroshye. Habe na mba. Erega si ibirori tuzaba turimo ngo twituramire tureba uko Kristu avangura intama n'ihene; nta n'umwe uzaba yicaye muri tribune. Twese tuzaba twakoranijwe ngo urubanza rukatwe. Si uru rubanza tuba twize, twashatse abatuvugira cyangwa twashatse ibyitso; si uru rubanza wenda twakwibwira ko twarutsinda dore ko atari urwa mbere twaba dushoje kandi tukarutsinda; si uru rubanza wenda bazasubika kuko iperereza ryanze kurangira rimwe na rimwe nkana; si ka rumwe dutegereza ko rwacibwa tugaheba kuko bene gukosa ari nabo bakora amategeko; si rwa rubanza twihimbira kuko twiyumvamo imbaraga ngo twikize abatubangamiye. Uru rubanza ni urwa Kristu uzaza kutubaza icyo tuzaba twarakoze ngo ineza n'urukundo bye bimenyekane hose. Urubanza ruzakatwa atari rwa rundi duhora duhigira ngo ntacyo igihe kizagera Imana ibaryoze inabi bakora. Akenshi tuba tuvuga bariya aho gusura abafunze ahubwo bamariramo inzira karenga; bariya aho kugaburira abashonji, babangukirwa no kurya aby'abatishoboye; bariya aho kwakira abanyamahanga, baryoherwa no guheza abandi mu ishanga.... Si aka karengane gusa Yezu azareba ngo wenda twituramire kuko wenda bitatureba, twebwe twumva turi abere. Kandi tujye twibuka ko urubanza rwa Yezu rutazashingira ku ntege nke zacu cyangwa aho tuzaba twaratsikiye. Ruzashingira ku bikorwa byiza tuzaba twarakoze, atari ubwinshi bw'ibikorwa, ahubwo agaciro byagiriye ababikorewe. Yemwe niyo dusomye iyi vanjiri neza, dusanga ari abazakatirwa kwibanira na shitani bahisemo, ari n'abazahembwa ubugingo bw'iteka, ibyo bazaba barakoze ntibazaba bakibyibuka. Bose bazatangara cyangwa batungurwe bati: twakubonye ryari Nyagasani ashonje, wambaye ubusa, ufunze cyangwa uri mu kaga ako ariko kose maze tukwitaho cyangwa ntitwakwitaho. Igisubizo cya Yezu nicyo kitwumvisha agaciro cyangwa igipimo tugereramo ubuntu bwacu: ibyo mwakoreye bariya baciye bugufi nijye mwabaga mubikoreye. Aho uru rubanza rworohera rukanakomera nuko umucamanza ni nawe mutangabuhamya. Yezu atuzi tumwakira mu batishoboye, bityo azanatumenya atugororera. Nta gusaza imigeri ngo baratubehsyera cyangwa ngo nta mikoro. Uko byagenda kwose mu isi ntuyemo hari uwo nafasha kubera neza kurenza uko abayeho. Ese kuki Yezu yahisemo abaciye bugufi? Impamvu iroroshye kuko ibyo twabakorera byose biba bivuye mu mutima. Nta kindi tuba tugambiriye kuko ntacyo tubaramuraho kindi atari ukubagirira neza. Imbere y'umujonji, uwambaye ubusa, infungwa.. uretse wenda uwajyanwa no kwiyerekana ngo ejo azasohoke mu kinyamakuru cyangwa azabone amajwi (kandi we umusaruro aba awucyuye dore ko nibyo aba akoze nta kamaro bisiga), ineza twakora nta kindi kiyihishe inyuma, Yezu aba ayiruzi we ubona ibyihishe. Kristu Umwami w'isi n'ijuru, umugenga w'ibihe n'amateka adufashe guha agaciro ubuzima bwacu, ibikorwa byacu bituganishe ku neza ye kandi bitubere uburyo bwo kwamamaza ingoma ye: ingoma y'urukundo n'ubutabera, ingoma y'ukuri n'imbabazi, ingoma y'ineza n'ubutugane
Abbé Grégoire Nsabimana
urubuga rwo gufatanya urugendo mu nzira y'ukwemera
samedi 19 novembre 2011
samedi 8 octobre 2011
ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE 2011A
ICYUMWERU CYA 28 MU BYUMWERU BISANZWE
09 ukwakira 2011 umwaka A
Iz 25,6-10
Fil 4,12-14.19-20
Mt 22,1-14
Nyuma y''imigani ijyanye n'uburyo duhamagariwe gukora mu mizabibu y'Imana ndetse n'uko iteganya kuduhemba, Kristu arakomeza aducira umugani udufasha na none kumva neza uko ingoma y'Imana iteye. Ati: ubwami bw'ijuru bumeze nk'umwami wacyuje ubukwe bw'umuhungu we maze agatumira abantu ngo baze mu birori. Abigishijwe ikilatini na Nayigiziki, bibuka wenda ijambo ritangira uyu "loquebatur Iesus...". Murabyumva sinari nomero ya mbere cyangwa iya nyuma ku buryo no guhamagarwa bitazaga ariko iriya vanjiri yatubizaga icyuya imbere ya Nayigiziki. Ubu ariko si aha nshaka kuganisha ngo hato n'ababa batarize ikilatini batumva hari icyo bacikanwe mu myumvire y'iyi vanjiri. Muri uyu mugani, harimo ingingo enye ngirango tuganireho: iya mbere ngo ubwami bw'ijuru bumeze nk'umwami ucyuza ubukwe bw'umuhungu we. Ubwami bw'Imana si imirimo gusa tugomba kutunganya, amategeko tugomba gukurikiza, ibitambo n'amaturo tugomba gutura no gutanga; ni ibirori by'ubukwe bw'Umwana w'Umwami kandi tukaba dutumiwe. Mu gitabo cya misa, mbere yo guhaswa, umusaserdoti arabyibutsa ati: hahirwa batumiwe mu bukwe bwa Ntama. Kwibwira ko kuba ab'Imana ari ukuyiruhira, ubanza tuba twibeshye. Niba se urugero iduha ari urw'Umwami ucyuza ubukwe, ubwo twumva hari ikindi gisigaye usibye kwishyira mu myanya tugategereza isaha y'ubukwe. Uretse uko uyu mugani ubisobanura, ariko ubanza n'abazaba bishyize mu myanya atari ko bose bazinjira: abakobwa batanu b'abapfu bazahera hanze kuko bazaba bibagiwe amavuta. Uru ni urugero rumwe, izindi turazisanga muri uyu mugani. Ingingo ya kabiri dusanga muri uyu mugani ni icyumba kirimo ubusa. Gutegura ibirori, ugashyashyana isaha yagera ukabona uri wenyine ntawabyifuriza uwe. Ngo umwanzi arakenga abure umuvumba. Wenda da naba n'abavumbyi, ariko kumva utumira abantu bakemera ko bazaza hanyuma isaha yagera ugasanga uri utya nk'uko wavuye mu nda ya nyoko. Imana ishaka abantu ngo basangire ibyiza byayo dore ko ubanza nta byishimo bibaho nko gucyuza ubukwe ukanabona abo mutaramana. Ng'iyi impamvu Imana ishoka umuhanda, amayirabiri ngo byibura icyumba cy'ubukwe cyuzure. Ingingo ya gatatu rero ni umuhanda, uyu abari batumiwe banyuze bigira mu byabo, ari nawo Imana yoherezamo abagaragu bayo (intumwa n'abahanuzi) ngo bajye gushakisha abaza mu bukwe kuko bwo ntibushobora gusibira. Ubwo ga Imana iba yikozeho kuko iba yemeye kuza kwicarana n'abantu b'amoko yose, abo izi n'abo itazi (ariko ibi nijye ubivuze kuko nta muntu Imana itazi), abeza n'ababi, aka wa mugani wa Yezu nk'uko umurobyi akururira ku nkombe amafi y'ubwoko bwose aba yarobye. Uburenganzira bwa muntu bwo kwigira aho yishakiye, akaba yanahindura gahunda ku munota wa nyuma butuma Imana ibunga mu mayirabiri ngo yingingire bose, cyane cyane abatari batumiwe kuza mu birori byayo. Abenshi kandi twanga kwitabira ubutumire kuko tuba twumva duta igihe cyo kunguka no kugwiza ibidufasha kubaho neza. Tukibwira ko niba ntacyo turamura kindi kitari ibiribwa n'ibinyobwa, ubukwe twabusimbuza induruburi zacu. Ingingo ya kane ni umwambaro w'umukwe. Akenshi tumenyere imvugo y'uko uriya muntu rwose yarenganye. Ko bamusanze mu muhanda, yari kuvana he umwambaro w'ubukwe? Ubundi se abandi babigenje bate ngo baturemo umwambo w'ubukwe? Ese aha ntibaba bari barabukereye mu kuvumba ku buryo babaga bicaranye akambaro? Ariko se babikora bagira ubwo icyumba cy'ubukwe bw'umwana w'umwami cyakuzura abantu bari bagiye mu twabo bazi ko bari butumirwe koko? Ikigaragara ni uko uriya muntu bitamuhiriye. Mu nzu yose yasaga ukwe kwa wenyine. Ubanza ndetse yagombye kaba yaranashatse kwihisha bikaba iby'ubusa. Ikindi nuko ataburanye. Mu ivanjri tumenyereye ko abahezwa hanze byibura bakomanga basaba gufungurirwa. Uyu mutumirwa ntiyiriwe asaza imigeri. Uyu muntu ashushanya aba bose batemera ko bashobora guhura n'Imana mu nzira bagendamo, aba batemera ko Imana yabatumira, aba bumva batabikwiye, aho bari hose bakumva atari ahabo, batiyumva hari icyo bashobora, hari uwabizera, ubuzima bwabo bukaba nko kwihinyuza kuko kwizerwa byo biba byararangiye. Uyu munyagwa, mbe namwita ntya, ari mu mwanya wa benshi bibeshya ku Mana, bagahora bumva itabazi cyangwa atagira icyo ibabwira, aho bari bakiranga atari uko ari babi cyangwa beza kuruta abandi, ahubwo kuko baba badafite icyo bahuriyeho n'Imana yabatumiye. Atari uko Imana itabazi, ahubwo batayikundira ngo ibereke ko ibakunda. Ntiriwe ngira byinshi nongeraho, reka twisabire Imana ingabire ya Roho Mutagatifu ngo tugire ubushishozi n'ubwenge bwo kutagira ikintu na kimwe twarutisha ubutumirwe Imana yaduhaye kandi iteka duhore twicaranye umwambaro w'ubukwe, ndavuga umutima ubereye Imana. Ubu butumire kandi buhoraho mu isangira ritagatifu ry'Ukaristiya. Hato hatazagira uvuga ngo yaracikanwe, ubutumire butaha tuzabwitabire maze gahunda zacu tuziharire indi minsi.
dimanche 26 juin 2011
UMUNSI W'ISAKARAMENTU RITAGATIFU RY'UKARISITIYA 2011A
UMUNSI W'ISAKARAMENTU RITAGATIFU RY'UKARISITIYA A
26 kamena 2011
Ivug 8,2-3.14-16)
1Kor 10,16-17
YH 6,51-58
Turahimbaza umunsi mukuru w'Isakaramentu Ritagatifu ry'Ukarisitiya: Kristu Funguro ryacu yaratwitangiye ngo turonke ubugingo bw'iteka. Urya umubiri we akanywa amaraso ye, aronka ubuzima kandi abeshwaho nawe kuko umubiri we ni ikiribwa nyacyo n'amaraso ye akaba ikinyobwa gitanga ubugingo. Amasomo y'uyu munsi aribanda ku ngingo yo kwibutsa abayobotse Kristu uko Imana ibakunda. Igitabo cy'Ivugururamategeko kitwibutsa amagambo ya Musa ubwo yahanuraga umuryago wa Isiraheli ati: ibuka uko Imana yagutunze mu butayu, akaguha mana n'amazi avubutse mu rutare, ikakurinda kugeza utashye mu gihugu cy'isezerano. Ni mu magambo yenda gusa n'ayo, umwanditsi w'ivanjiri Yohani atubwira amagambo ya Yezu ubwo yamaraga gutubura imigati: ifunguro nyaryo ni umubiri wanjye naho ikinyobwa kimara koko inyota ni amaraso yanjye. Ibi kandi si amagambo gusa kuko Kristu yaratwitangiye ku musaraba ngo atugire umuryango umwe ubesheshweho n'ineza ye. Pawulo mutagatifu niwe ubishimangira mu ibaruwa yandikiye abanyakorinto, ati: iyo duhabwa umubiri wa Kristu tukanywa ku nkongoro y'amaraso ye tuba twunze ubumwe nawe, tukarema umuryango umwe ari wo mubiri wa Kristu. Aha rero harakomeye cyane: Kiriziya, umubiri wa Kristu si ishyirahamwe twihangiye dushobora kuhindura cyangwa tukaba twarisesa tukagabana imigabane; Kiriziya si umwihariko w'abafata imyanya ya mbere cyangwa ababa bitwaza ko hari imirimo bashinzwe cyangwa bakora; Kiriziya si za nkuta z'inzu itatse neza irangwa n'umunara muremure n'inzongera inihira yibutsa abakristu kuramya Imana; Kiriziya si umwihariko w'ababatijwe baba abihatira gukurikiza amategeko y'Imana cyangwa aba bari mu bitabo bya paruwase gusa; Kiriziya ni Kristu ubwe nyirizina, Jambo w'Imana utwunga nayo mu gitambo yatuye Se ku musaraba ngo tubabarirwe ibyaha; Kiriziya ni Kristu mu ngingo z'umbiri we, aho buri wese muri twe, yaba ugize umuryango ugaragara wa Kiriziya cyangwa se n'usengera Imana mu bundi buryo akaba yihatira kuyimenya, kuyikunda no kuyikundisha abayo. Kiriziya ni umuryango w'abemera ko Imana ari yo soko y'ubuzima nyabwo kandi bakihatira kubigaragaza bakundanda hagati yabo. Umunsi rero duhimbaza none, uretse kuba ikimenyetso cyo kugaragaza ukwemera kwacu (bitari gusa guhindira ngo turate ubwinshi bw'abakristu cyangwa urudini) ni n'umwanya wo kunagura ubuyoboke dufitiye Imana, ubuyoboke bushingiye mu gukurikiza amategeko yayo gukundana hagati yacu nk'uko Kristu yadukunze akanabidutoza. Ibi byatuma amagambo padiri avuga mu gitambo cya misa igira koko agaciro kayo: mwakire murye, iki ni umubiri wanjye; mwakire munywe, aya ni amaraso yanjye. Nk'uko mu butayu abayisiraheli bahagishwe na mana, bakaramirwa n'amazi avubutse mu rutare, n'ubu abakristu bahazwa n'umubiri wa Kristu n'amaraso. Iyo padiri ahereza umugati na divayi akavuga ngo ni umugati na divayi byavuye mu murimo w'amaboko y'abantu, aba asaba Imana ko imbuto y'umurasuro wacu igihe ihinduka umubiri wa Kristu, abantu twese tuba tubaye umwe na Kristu mu kimenyetso cy'umugati na divayi. Aha rero hatuma imihimbazo ya kiriziya ihinduka kuko ihuriro ry'abagize isi ku buryo guhera aho izuba rirasira kugeza aho rirengera, mu majyepfo no mu majyaruguru, abantu bose baba bahuje isengesho kandi bakagaburirwa ifunguro rimwe. Imbibi zose muri Ukarisitiya zarakuwe, isi n'abayituye ni Kristu, Muryango mugari w'abemera. Ibi bibyara ubufatanye hagati ya za kiriziya, haba mu buzima bwa roho n'ubw'umubiri. Kuko Kiriziya ariyo Mubiri wa Kristu ishingiye kuri Kristu utwihamagarira. Si twe duhitamo abo duhurira nabo mu misa cyangwa mu isangira ritagatifu yewe n’ibyo dusangira sitwe tuza tubyikorere: ameza matagatifu aba yaduteguriwe ku buntu bw’Imana. Abemera duhamagarairwa kwakira ako gakiza duhabwa Kristu. Amen tuvuga twakira Kristu ni ikimenyetso cy’uko tuba twemeye ko wo duhabwa ari Umukiza n’umucunguzi wacu. Bikatuviramo impamvu yo kugana ameza matagatfu twisukuye kuko nta gupfa guhomerera. Uhawe Yezu kandi yihatira kugenza nkawe. Si uguhazwa mu Kiriziya ngo nyuma twibereho uko twishakiye. Umunsi duhimbaza udufashe kunagura ukwemera kwacu: duhabwe Umucunguzi, twemere ko atura iwacu, atwiyoborere kandi aduhe imbaraga zo kumukundisha abandi.
26 kamena 2011
Ivug 8,2-3.14-16)
1Kor 10,16-17
YH 6,51-58
Turahimbaza umunsi mukuru w'Isakaramentu Ritagatifu ry'Ukarisitiya: Kristu Funguro ryacu yaratwitangiye ngo turonke ubugingo bw'iteka. Urya umubiri we akanywa amaraso ye, aronka ubuzima kandi abeshwaho nawe kuko umubiri we ni ikiribwa nyacyo n'amaraso ye akaba ikinyobwa gitanga ubugingo. Amasomo y'uyu munsi aribanda ku ngingo yo kwibutsa abayobotse Kristu uko Imana ibakunda. Igitabo cy'Ivugururamategeko kitwibutsa amagambo ya Musa ubwo yahanuraga umuryago wa Isiraheli ati: ibuka uko Imana yagutunze mu butayu, akaguha mana n'amazi avubutse mu rutare, ikakurinda kugeza utashye mu gihugu cy'isezerano. Ni mu magambo yenda gusa n'ayo, umwanditsi w'ivanjiri Yohani atubwira amagambo ya Yezu ubwo yamaraga gutubura imigati: ifunguro nyaryo ni umubiri wanjye naho ikinyobwa kimara koko inyota ni amaraso yanjye. Ibi kandi si amagambo gusa kuko Kristu yaratwitangiye ku musaraba ngo atugire umuryango umwe ubesheshweho n'ineza ye. Pawulo mutagatifu niwe ubishimangira mu ibaruwa yandikiye abanyakorinto, ati: iyo duhabwa umubiri wa Kristu tukanywa ku nkongoro y'amaraso ye tuba twunze ubumwe nawe, tukarema umuryango umwe ari wo mubiri wa Kristu. Aha rero harakomeye cyane: Kiriziya, umubiri wa Kristu si ishyirahamwe twihangiye dushobora kuhindura cyangwa tukaba twarisesa tukagabana imigabane; Kiriziya si umwihariko w'abafata imyanya ya mbere cyangwa ababa bitwaza ko hari imirimo bashinzwe cyangwa bakora; Kiriziya si za nkuta z'inzu itatse neza irangwa n'umunara muremure n'inzongera inihira yibutsa abakristu kuramya Imana; Kiriziya si umwihariko w'ababatijwe baba abihatira gukurikiza amategeko y'Imana cyangwa aba bari mu bitabo bya paruwase gusa; Kiriziya ni Kristu ubwe nyirizina, Jambo w'Imana utwunga nayo mu gitambo yatuye Se ku musaraba ngo tubabarirwe ibyaha; Kiriziya ni Kristu mu ngingo z'umbiri we, aho buri wese muri twe, yaba ugize umuryango ugaragara wa Kiriziya cyangwa se n'usengera Imana mu bundi buryo akaba yihatira kuyimenya, kuyikunda no kuyikundisha abayo. Kiriziya ni umuryango w'abemera ko Imana ari yo soko y'ubuzima nyabwo kandi bakihatira kubigaragaza bakundanda hagati yabo. Umunsi rero duhimbaza none, uretse kuba ikimenyetso cyo kugaragaza ukwemera kwacu (bitari gusa guhindira ngo turate ubwinshi bw'abakristu cyangwa urudini) ni n'umwanya wo kunagura ubuyoboke dufitiye Imana, ubuyoboke bushingiye mu gukurikiza amategeko yayo gukundana hagati yacu nk'uko Kristu yadukunze akanabidutoza. Ibi byatuma amagambo padiri avuga mu gitambo cya misa igira koko agaciro kayo: mwakire murye, iki ni umubiri wanjye; mwakire munywe, aya ni amaraso yanjye. Nk'uko mu butayu abayisiraheli bahagishwe na mana, bakaramirwa n'amazi avubutse mu rutare, n'ubu abakristu bahazwa n'umubiri wa Kristu n'amaraso. Iyo padiri ahereza umugati na divayi akavuga ngo ni umugati na divayi byavuye mu murimo w'amaboko y'abantu, aba asaba Imana ko imbuto y'umurasuro wacu igihe ihinduka umubiri wa Kristu, abantu twese tuba tubaye umwe na Kristu mu kimenyetso cy'umugati na divayi. Aha rero hatuma imihimbazo ya kiriziya ihinduka kuko ihuriro ry'abagize isi ku buryo guhera aho izuba rirasira kugeza aho rirengera, mu majyepfo no mu majyaruguru, abantu bose baba bahuje isengesho kandi bakagaburirwa ifunguro rimwe. Imbibi zose muri Ukarisitiya zarakuwe, isi n'abayituye ni Kristu, Muryango mugari w'abemera. Ibi bibyara ubufatanye hagati ya za kiriziya, haba mu buzima bwa roho n'ubw'umubiri. Kuko Kiriziya ariyo Mubiri wa Kristu ishingiye kuri Kristu utwihamagarira. Si twe duhitamo abo duhurira nabo mu misa cyangwa mu isangira ritagatifu yewe n’ibyo dusangira sitwe tuza tubyikorere: ameza matagatifu aba yaduteguriwe ku buntu bw’Imana. Abemera duhamagarairwa kwakira ako gakiza duhabwa Kristu. Amen tuvuga twakira Kristu ni ikimenyetso cy’uko tuba twemeye ko wo duhabwa ari Umukiza n’umucunguzi wacu. Bikatuviramo impamvu yo kugana ameza matagatfu twisukuye kuko nta gupfa guhomerera. Uhawe Yezu kandi yihatira kugenza nkawe. Si uguhazwa mu Kiriziya ngo nyuma twibereho uko twishakiye. Umunsi duhimbaza udufashe kunagura ukwemera kwacu: duhabwe Umucunguzi, twemere ko atura iwacu, atwiyoborere kandi aduhe imbaraga zo kumukundisha abandi.
lundi 20 juin 2011
UMUNSI W’UBUTATU BUTAGATIFU 2011A
UMUNSI W’UBUTATU BUTAGATIFU A
19 kamena 2011 umwaka A
Iyim 34,4b-6.8-9
2 Kor 13,11-13
Yh 3,16-18
Imana yakunze isi kugeza aho yohereza Umwana wayo w’ikinege ngo uyemera atazapfa ahubwo azaronke ubugingo buhoraho. Ubwo bugingo tubuhabwa na Roho Mutagafu utura mu mitima y’abemera. Ng’iryo ihame ry’Ubutatu butagatifu: Imana imwe mu batatu. Uyu munsi mukuru birumvikana uza ukurikirana n’uwa Pentekositi n’uwa pasika. Yezu niwe wabwiye abigishwa be ati. Ntawigeze abona Imana kereka Umwana wayo w’ikinege ubana nayo niwe wayitumenyesheje. Nta yindi nzira kandi Yezu yanyuze ngo tubashe gusobanukira n’ubuzima bw’Imana uretse kwitanga ku musaraba. Uburyo twamenye Imana ntibuturuka ku buhanga dukesha bwenge bwacu, ni Imana ubwayo yatwiyeretse kugira ngo nituyimenya tubashe kubaho ku buryo bunoze. Mu mateka y’ibyaremwe, niyo tutagendera kuri Bibiliya, atwereka ko muntu ari mu biremwa byaremwe nyuma, ko isi, ibimera n’inyamaswa aribyo bikuru kuruta muntu kabone n’ubwo aho aziye yahise abona ko ari we ufite uhuganga n’ubwenge byo gusesengura no kumenya imiterere y’ibituye isi. Yanamenye ko ibyo byose byaremwe bitavuye mu busa, ko hirya y’ibi tubona hari Umuhanzi. Ari abemeraga Imana imwe Rurema nka ba sogokuru bacu; ari abemeraga imana nyinshi zigaragariza mu bintu byose birenze ubwenge bwa muntu nk’abagereke, abaromana... ari abageragezaga guhanga ishusho y’iyo mana cyangwa abatarubahutse no kubirota bitewe n’uko bumvanga ubuhangange bwayo, amateka y’abantu atwereka ko kwemera ko Imana ibaho atari ikibazo. Ahuwo kumenya uko iyo Mana iteye ni ihurizo ry’amateka y’abantu b’ibihe byose. Umunsi w’Ubutatu butagatifu utumara amatsiko kuko Imana yatwimenyesheshe mu buzima bwayo bwuzuye no mu mugambi wayo wo kuducungura. Imana ni Uhoraho, Nyirububasha, Nyirimpuhwe. Ni Rukundo ruzima rwigaragarije ku musaraba, ni Mbaraga zitagererenywa zatsinze urupfu zigatangaza izuka ku bemera bose. Ni Buzima busendereye , Roho Mutagatifu utubesha, akatuyobora kandi akazatugeza aho ineza nyayo iganje. Kwemera Ubutatu Butagatifu rero ni ukuyoboka ubuzima no kubaho ku buryo nyabwo. Ni ukwishushanya na Kristu mu mibereho izira icyaha, ni ukugaragaza imbaraga za Roho mutagatifu, ni ukwemera kuba ingoro y’Ubutatu Butagatifu maze ineza igataha iwacu. Nubwo turi umuryango w’ijosi rishingaraye nk’uko Musa yabibwiraga Uhoraho, wenda tukaba tunafite umutima wa cyarutare, Imana Nyirimpuhwe yakwemera kutura iwacu ikahagira ingoro yayo. Ibi kandi bituma abemera Imana babaho ku buryo buhuje n’umugambi wayo: umuryango w’abemera ugahinduka ikitegererezo cy’urukundo rw’Imana kuko ubusabane buranga Ubutatu Butagatifu nibwo shusho y’ubuzima nyabwo. Tureke rero ineza y’Imana itwiyoborere, Roho atumurikire maze isi dutuye duhereye mu mitima yacu no mu ngo zacu, ibe koko ingoro y’Umusumbabyose.
19 kamena 2011 umwaka A
Iyim 34,4b-6.8-9
2 Kor 13,11-13
Yh 3,16-18
Imana yakunze isi kugeza aho yohereza Umwana wayo w’ikinege ngo uyemera atazapfa ahubwo azaronke ubugingo buhoraho. Ubwo bugingo tubuhabwa na Roho Mutagafu utura mu mitima y’abemera. Ng’iryo ihame ry’Ubutatu butagatifu: Imana imwe mu batatu. Uyu munsi mukuru birumvikana uza ukurikirana n’uwa Pentekositi n’uwa pasika. Yezu niwe wabwiye abigishwa be ati. Ntawigeze abona Imana kereka Umwana wayo w’ikinege ubana nayo niwe wayitumenyesheje. Nta yindi nzira kandi Yezu yanyuze ngo tubashe gusobanukira n’ubuzima bw’Imana uretse kwitanga ku musaraba. Uburyo twamenye Imana ntibuturuka ku buhanga dukesha bwenge bwacu, ni Imana ubwayo yatwiyeretse kugira ngo nituyimenya tubashe kubaho ku buryo bunoze. Mu mateka y’ibyaremwe, niyo tutagendera kuri Bibiliya, atwereka ko muntu ari mu biremwa byaremwe nyuma, ko isi, ibimera n’inyamaswa aribyo bikuru kuruta muntu kabone n’ubwo aho aziye yahise abona ko ari we ufite uhuganga n’ubwenge byo gusesengura no kumenya imiterere y’ibituye isi. Yanamenye ko ibyo byose byaremwe bitavuye mu busa, ko hirya y’ibi tubona hari Umuhanzi. Ari abemeraga Imana imwe Rurema nka ba sogokuru bacu; ari abemeraga imana nyinshi zigaragariza mu bintu byose birenze ubwenge bwa muntu nk’abagereke, abaromana... ari abageragezaga guhanga ishusho y’iyo mana cyangwa abatarubahutse no kubirota bitewe n’uko bumvanga ubuhangange bwayo, amateka y’abantu atwereka ko kwemera ko Imana ibaho atari ikibazo. Ahuwo kumenya uko iyo Mana iteye ni ihurizo ry’amateka y’abantu b’ibihe byose. Umunsi w’Ubutatu butagatifu utumara amatsiko kuko Imana yatwimenyesheshe mu buzima bwayo bwuzuye no mu mugambi wayo wo kuducungura. Imana ni Uhoraho, Nyirububasha, Nyirimpuhwe. Ni Rukundo ruzima rwigaragarije ku musaraba, ni Mbaraga zitagererenywa zatsinze urupfu zigatangaza izuka ku bemera bose. Ni Buzima busendereye , Roho Mutagatifu utubesha, akatuyobora kandi akazatugeza aho ineza nyayo iganje. Kwemera Ubutatu Butagatifu rero ni ukuyoboka ubuzima no kubaho ku buryo nyabwo. Ni ukwishushanya na Kristu mu mibereho izira icyaha, ni ukugaragaza imbaraga za Roho mutagatifu, ni ukwemera kuba ingoro y’Ubutatu Butagatifu maze ineza igataha iwacu. Nubwo turi umuryango w’ijosi rishingaraye nk’uko Musa yabibwiraga Uhoraho, wenda tukaba tunafite umutima wa cyarutare, Imana Nyirimpuhwe yakwemera kutura iwacu ikahagira ingoro yayo. Ibi kandi bituma abemera Imana babaho ku buryo buhuje n’umugambi wayo: umuryango w’abemera ugahinduka ikitegererezo cy’urukundo rw’Imana kuko ubusabane buranga Ubutatu Butagatifu nibwo shusho y’ubuzima nyabwo. Tureke rero ineza y’Imana itwiyoborere, Roho atumurikire maze isi dutuye duhereye mu mitima yacu no mu ngo zacu, ibe koko ingoro y’Umusumbabyose.
samedi 11 juin 2011
UMUNSI MUKURU WA PENTEKOSITI 2011A
UMUNSI MUKURU WA PENTEKOSITI A
12 kamena 2011 umwaka A
Intu 2,1-11
1 Kor 12,3b-7.12-13
Yoh 20,19-23
Turahimbaza umunsi mukuru wa Pentekositi, umunsi usoza ibihe bya Pasika, ukatwinjiza mu bihe bisanzwe by’umwaka. Umunsi wa pentekositi, nk’uko tubisoma mu gitabo cy’ibyakozwe n’intumwa, wari umunsi wahimbazwaga mu bayahudi nyuma y’iminsi mirongo itanu pasika ibaye. Abayahudi bibuka cyane cyane uko Imana yabavanye mu Misiri, ikabatungira mu butayu imyaka mirongo ine yose badahinga kugeza igihe binjiriye mu gihugu cy’isezerano. Muri iyo minsi mirongo itanu, bamurikiraga Imana umusaruro wabo, bakayishimira ineza ibagirira, bakiyibutsa amategeko yayo, muri make bakanagura umubano n’ubucuti bari bafitanye n’Uhoraho, umubano ushingiye mu gukurikiza amategeko. Yezu asezeranya abigishwa be Roho Mutagatifu, yababwiraga ko azaza akabigisha ibyo yababwiye byose, akabafasha gusobanukirwa n’ukuri kandi akababera umuvugizi. Nk’uko abahanuzi bari barabivuze, ntibizaba bikiri ngomwa amategeko n’abigisha kuko Imana ubwayo ariyo iziyigishiriza umuryango wayo, abantu bose bakazayimenya, bakamenya n’abategeko yayo cyane ko azaba atari ayanditse ku mabuye abiri nko mu gihe cya Musa, ahubwo mu mutima wuzuye Roho Mutagatifu. Ibi rero byabaye impamo ku munsi wa penekositi ubwo Intumwa zahabwaga imbaraga nshya maze zigasohoka aho zari zifungiranye kubera ubwoba bwo gutinya abayahundi, zikajya kwamamaza ko nta wundi mukiro ubaho utanyuze kuri Kristu wadupfiriye akazuka ngo turonge ubuzima bw’iteka. Ivaijri ya Yohani ariko itubwira ko intumwa zahawe RohoMutagatifu ku munsi wa mbere wa pasika. Ndetse usoma iby’urupfu rwa Yezu abona ko Roho Mutagatifu twamuhawe mu gihe Yezu yatangaga. Roho Mutagatifu ni imbuto y’ugucungurwa kwacu. Izo mbaraga zavuye mu rubavu rwa Yezu zigomba gutuma intumwa zigenda zikagera aho isi ishirira, zikamamaza hose ko Imana yaduhaye imbaraga zayo ngo dukiranuke n’inzira y’icyaha. Uyobowe na Roho ntashobora kwihandagaza ngo atuke Imana nk’uko ari Roho utubwiriza buri gihe igikwiye n’igitunganye. Roho kandi aduha ingabire akurikije akamaro zigirira umuryango wose nk’uko ingingo zungikiranya ngo zikore umubiri umwe. Ntawe wihangisha ko yahawe ingabire ngo atangire ashyuhaguzwe ngo arakorera Kristu cyangwa arubaka Kiriziya ye. Yemwe n’ingabire zihariye nko kuvuga mu ndimi, gukiza abarwayi, kwirukana amashitani,... ni Roho ugena abazihabwa akurikije ububasha bwe. Abakristu rero twatoye ingoma ku ruteme kuko Imana byose yaragennye ku buntu bwayo. Icyo tugomba gukora ni kimwe: kumvira Roho wayo akaba ariwe utwiyoborera hato tutavaho tumera nk’uyu mugabo wateze indege maze akanipfunyikira ifunguro kuko yumvaga nta mikoro yo kugurira ibyo kurya mu ndege. Abagomba kumuhereza bamugeraga iruhande ati: oya nta appétit mfite. Ariko bamara kugenda agapfundura uruhago akigirira akamaro. Usibye nyine ubuswa bwo kutamenya no kutabaza, uriya mugabo yanarwanye n’isoni zo kwihisha no kubeshya, tutaretse no kumira amalitiro ubwo abandi biherezaga ifunguro ryari ryabateguriwe. Uwashaka kubaho gikirisitu adafite imbaraga za Roho Mutagatifu nawe ni kimwe: ubuswa, ubujiji, isoni no kutagira icyo ageraho. Nyuma hakazaza amarira igihe azamenya ko byose byari byarishywe mbere, ko nta mpamvu yo kuruha uwa Kavuna kandi Kristu yaradupfiriye akanaduha Roho we.
12 kamena 2011 umwaka A
Intu 2,1-11
1 Kor 12,3b-7.12-13
Yoh 20,19-23
Turahimbaza umunsi mukuru wa Pentekositi, umunsi usoza ibihe bya Pasika, ukatwinjiza mu bihe bisanzwe by’umwaka. Umunsi wa pentekositi, nk’uko tubisoma mu gitabo cy’ibyakozwe n’intumwa, wari umunsi wahimbazwaga mu bayahudi nyuma y’iminsi mirongo itanu pasika ibaye. Abayahudi bibuka cyane cyane uko Imana yabavanye mu Misiri, ikabatungira mu butayu imyaka mirongo ine yose badahinga kugeza igihe binjiriye mu gihugu cy’isezerano. Muri iyo minsi mirongo itanu, bamurikiraga Imana umusaruro wabo, bakayishimira ineza ibagirira, bakiyibutsa amategeko yayo, muri make bakanagura umubano n’ubucuti bari bafitanye n’Uhoraho, umubano ushingiye mu gukurikiza amategeko. Yezu asezeranya abigishwa be Roho Mutagatifu, yababwiraga ko azaza akabigisha ibyo yababwiye byose, akabafasha gusobanukirwa n’ukuri kandi akababera umuvugizi. Nk’uko abahanuzi bari barabivuze, ntibizaba bikiri ngomwa amategeko n’abigisha kuko Imana ubwayo ariyo iziyigishiriza umuryango wayo, abantu bose bakazayimenya, bakamenya n’abategeko yayo cyane ko azaba atari ayanditse ku mabuye abiri nko mu gihe cya Musa, ahubwo mu mutima wuzuye Roho Mutagatifu. Ibi rero byabaye impamo ku munsi wa penekositi ubwo Intumwa zahabwaga imbaraga nshya maze zigasohoka aho zari zifungiranye kubera ubwoba bwo gutinya abayahundi, zikajya kwamamaza ko nta wundi mukiro ubaho utanyuze kuri Kristu wadupfiriye akazuka ngo turonge ubuzima bw’iteka. Ivaijri ya Yohani ariko itubwira ko intumwa zahawe RohoMutagatifu ku munsi wa mbere wa pasika. Ndetse usoma iby’urupfu rwa Yezu abona ko Roho Mutagatifu twamuhawe mu gihe Yezu yatangaga. Roho Mutagatifu ni imbuto y’ugucungurwa kwacu. Izo mbaraga zavuye mu rubavu rwa Yezu zigomba gutuma intumwa zigenda zikagera aho isi ishirira, zikamamaza hose ko Imana yaduhaye imbaraga zayo ngo dukiranuke n’inzira y’icyaha. Uyobowe na Roho ntashobora kwihandagaza ngo atuke Imana nk’uko ari Roho utubwiriza buri gihe igikwiye n’igitunganye. Roho kandi aduha ingabire akurikije akamaro zigirira umuryango wose nk’uko ingingo zungikiranya ngo zikore umubiri umwe. Ntawe wihangisha ko yahawe ingabire ngo atangire ashyuhaguzwe ngo arakorera Kristu cyangwa arubaka Kiriziya ye. Yemwe n’ingabire zihariye nko kuvuga mu ndimi, gukiza abarwayi, kwirukana amashitani,... ni Roho ugena abazihabwa akurikije ububasha bwe. Abakristu rero twatoye ingoma ku ruteme kuko Imana byose yaragennye ku buntu bwayo. Icyo tugomba gukora ni kimwe: kumvira Roho wayo akaba ariwe utwiyoborera hato tutavaho tumera nk’uyu mugabo wateze indege maze akanipfunyikira ifunguro kuko yumvaga nta mikoro yo kugurira ibyo kurya mu ndege. Abagomba kumuhereza bamugeraga iruhande ati: oya nta appétit mfite. Ariko bamara kugenda agapfundura uruhago akigirira akamaro. Usibye nyine ubuswa bwo kutamenya no kutabaza, uriya mugabo yanarwanye n’isoni zo kwihisha no kubeshya, tutaretse no kumira amalitiro ubwo abandi biherezaga ifunguro ryari ryabateguriwe. Uwashaka kubaho gikirisitu adafite imbaraga za Roho Mutagatifu nawe ni kimwe: ubuswa, ubujiji, isoni no kutagira icyo ageraho. Nyuma hakazaza amarira igihe azamenya ko byose byari byarishywe mbere, ko nta mpamvu yo kuruha uwa Kavuna kandi Kristu yaradupfiriye akanaduha Roho we.
dimanche 5 juin 2011
YEZU ASUBIRA MU IJURU 2011A
YEZU ASUBIRA MU IJURU
5 kamena 2011 Umwaka A
Intu 1,1-11
Ef 1,17-23
Mt 28,16-20
"Nimugende wigishe amahanga yose, mubabatize mu izina rya Data na Mwana na Roho Mutagatifu kandi mubatoze gukurikiza ibyo nabatoje byose". Ngaya amagambo tuzi-rikana kuri uyu munsi mukuru wa Yezu asubira mu ijuru. Yezu arasa n'ushoje umurimo we maze agaha intumwa amabwiriza yo gukomereza aho yari agejeje. Siko bimeze. Amasomo twagiye twumva muri iki cyumweru -ku bagira akanya ko kumva misa zo ku mibyizi- Yezu yagiye ateguza abigishwa be ku murimo Roho Mutagatifu azakora wo kubunganira ngo hato batibona nk'imfubyi kandi n'amagambo asoza ivanjiri ya none arabishimangira: "dore ndi kumwe namwe iminsi yose kugeza gihe isi izashirira". None se umunsi duhimbaza usobanura iki niba Yezu yaragiye kandi akaba akiri kumwe natwe? Ko Roho Mutagatifu, Imana Nyirubuzima, ariwe utwiyoborera, umunsi w'ukwererezwa mu ijuru kwa Yezu utwungura iki? Pawulo mutagatifu araduha igisubizo: "ubonye Imana yamurikiye amaso y'umutima wanyu kugira ngo musobanukirwe n'ukwizera mwifitemo. Ubonye Imana yabahaye umutima w'ubwenge n'ubujijuke kugira ngo murusheho kuyi-menya". Abamalayika nabo baryunzemo babwira intumwa bati: "nimusigeho gukomeza kurangamira ijuru, kuko uko mumubonye agenda niko azagaruka". Birabe atari akaya ndirimbo ngo "uko twaje niko tuzataha".Oya! Yezu yasubiye mu ijuru kandi agumana natwe, kugira ngo natwe tubeho hano ku isi ariko tunari mu ijuru. Ni mugihe kuko umwe muri twe yatashye mu ijuru kugira ngo natwe tuhabone icyicaro. Yezu mwene Mariya na Yozefu yadufunguriye bwa busitani Adamu na Eva bari barirukanywemo igihe bihaga kurya urubuto imburagihe. Ibyo kandi ntibigoye kubyumva kuko duhereye kuri Ukarisitiya, tubona ku buryo bunoze ko Yezu ari kumwe natwe hano ku isi kandi natwe tukaba turi kumwe nawe mu ijuru. Yezu nta kuntu atari gusubira mu ijuru. Iyo bitaba, twari kwigumira mu byishimo hamwe nawe ariko bigahera aho. Nyamara umugambi wo kuducungura wari uwo kutugarura mu rugo kwa Data. Nibyo Yezu ashimangira avuga ati: "ngiye kubategurira umwanya kugira ngo aho nzaba ndi namwe muzabe hamwe nanjye". Ibanga dukesha ukwemera kwacu ni uko mu masakaramentu duhimbaza cyane cyane ukarisitiya, duhimbaza ijuru kandi dutegereje kuzaritahamo ubwo imisi yacu ya hano ku isi izaba irangiye. Iyi mvugo wenda yaba ihanitse kumva dutuye mu ijuru kandi buri munsi tuganya, dupfa nabi, turuha, twiyuha icyuya ngo turonke icyaturamura, wenda hari n'abatabona uko barya icyo baronse kubera ingorane zo kubura amahoro, kubura aho bikinga n'izindi ngorane. Ingorane z'ubu buzima, Yezu azigereranya n'imibabaro y'umugore wenda kubyara: ntaba yorohewe, ariko kuko aba azi ibyishimo yizeya, aratwaza akemera ako kababaro k'akanya gato ariko ka ngombwa kugira ngo umwana avuke (Yh 16,21-23). Umurimo Yezu araga abe ni uwo gukwiza hose iyo neza ko guhera ubu ijuru n'isi ari ikintu kimwe kuko Kristu yabihuje; uwemera Imana arangwa no guhora mu mwiteguro wo gusanganira Kristu uzaza kumujyana mu ijuru; uwaronse ineza ya Kristu, adashobora guceceka cyangwa gucica intege imbere y'ingorane z'ubu buzima kuko Kristu ni muzima kandi agaje iburyo bw'Imana Data,...Ngaho rero, dukazanye kugirango koko tumenyekanishe ineza n'ukwizera twifitemo. Twibuke ko duhagarikiwe n'Uwatsinze urupfu: tawe uzadukoma imbere.
5 kamena 2011 Umwaka A
Intu 1,1-11
Ef 1,17-23
Mt 28,16-20
"Nimugende wigishe amahanga yose, mubabatize mu izina rya Data na Mwana na Roho Mutagatifu kandi mubatoze gukurikiza ibyo nabatoje byose". Ngaya amagambo tuzi-rikana kuri uyu munsi mukuru wa Yezu asubira mu ijuru. Yezu arasa n'ushoje umurimo we maze agaha intumwa amabwiriza yo gukomereza aho yari agejeje. Siko bimeze. Amasomo twagiye twumva muri iki cyumweru -ku bagira akanya ko kumva misa zo ku mibyizi- Yezu yagiye ateguza abigishwa be ku murimo Roho Mutagatifu azakora wo kubunganira ngo hato batibona nk'imfubyi kandi n'amagambo asoza ivanjiri ya none arabishimangira: "dore ndi kumwe namwe iminsi yose kugeza gihe isi izashirira". None se umunsi duhimbaza usobanura iki niba Yezu yaragiye kandi akaba akiri kumwe natwe? Ko Roho Mutagatifu, Imana Nyirubuzima, ariwe utwiyoborera, umunsi w'ukwererezwa mu ijuru kwa Yezu utwungura iki? Pawulo mutagatifu araduha igisubizo: "ubonye Imana yamurikiye amaso y'umutima wanyu kugira ngo musobanukirwe n'ukwizera mwifitemo. Ubonye Imana yabahaye umutima w'ubwenge n'ubujijuke kugira ngo murusheho kuyi-menya". Abamalayika nabo baryunzemo babwira intumwa bati: "nimusigeho gukomeza kurangamira ijuru, kuko uko mumubonye agenda niko azagaruka". Birabe atari akaya ndirimbo ngo "uko twaje niko tuzataha".Oya! Yezu yasubiye mu ijuru kandi agumana natwe, kugira ngo natwe tubeho hano ku isi ariko tunari mu ijuru. Ni mugihe kuko umwe muri twe yatashye mu ijuru kugira ngo natwe tuhabone icyicaro. Yezu mwene Mariya na Yozefu yadufunguriye bwa busitani Adamu na Eva bari barirukanywemo igihe bihaga kurya urubuto imburagihe. Ibyo kandi ntibigoye kubyumva kuko duhereye kuri Ukarisitiya, tubona ku buryo bunoze ko Yezu ari kumwe natwe hano ku isi kandi natwe tukaba turi kumwe nawe mu ijuru. Yezu nta kuntu atari gusubira mu ijuru. Iyo bitaba, twari kwigumira mu byishimo hamwe nawe ariko bigahera aho. Nyamara umugambi wo kuducungura wari uwo kutugarura mu rugo kwa Data. Nibyo Yezu ashimangira avuga ati: "ngiye kubategurira umwanya kugira ngo aho nzaba ndi namwe muzabe hamwe nanjye". Ibanga dukesha ukwemera kwacu ni uko mu masakaramentu duhimbaza cyane cyane ukarisitiya, duhimbaza ijuru kandi dutegereje kuzaritahamo ubwo imisi yacu ya hano ku isi izaba irangiye. Iyi mvugo wenda yaba ihanitse kumva dutuye mu ijuru kandi buri munsi tuganya, dupfa nabi, turuha, twiyuha icyuya ngo turonke icyaturamura, wenda hari n'abatabona uko barya icyo baronse kubera ingorane zo kubura amahoro, kubura aho bikinga n'izindi ngorane. Ingorane z'ubu buzima, Yezu azigereranya n'imibabaro y'umugore wenda kubyara: ntaba yorohewe, ariko kuko aba azi ibyishimo yizeya, aratwaza akemera ako kababaro k'akanya gato ariko ka ngombwa kugira ngo umwana avuke (Yh 16,21-23). Umurimo Yezu araga abe ni uwo gukwiza hose iyo neza ko guhera ubu ijuru n'isi ari ikintu kimwe kuko Kristu yabihuje; uwemera Imana arangwa no guhora mu mwiteguro wo gusanganira Kristu uzaza kumujyana mu ijuru; uwaronse ineza ya Kristu, adashobora guceceka cyangwa gucica intege imbere y'ingorane z'ubu buzima kuko Kristu ni muzima kandi agaje iburyo bw'Imana Data,...Ngaho rero, dukazanye kugirango koko tumenyekanishe ineza n'ukwizera twifitemo. Twibuke ko duhagarikiwe n'Uwatsinze urupfu: tawe uzadukoma imbere.
samedi 28 mai 2011
ICYUMWERU CYA GATANDATU CYA PASIKA 2011A
ICYUMWERU CYA GATANDATU CYA PASIKA
29 gicurasi 2011 Umwaka A
Intu 8,5-8.14-17
1Pet 3,15-18
Yh 14,15-21
«Niba munkunda koko, muzubaha amategeko yanjye. Nanjye nzasaba Data, azabahe undi muvugizi, uzaza kubana namwe iteka». Amasomo y'iki cyumweru aradufasha kwitegura umunsi wa Penekositi tuzahimbaza mu byumweru bibiri biri imbere. Igitabo cy'ibyakozwe n'intumwa kiratubwira uburyo intumwa zaramburiye ibiganza ku bemera bo muri Samariya maze Roho akabamanukiraho. Uwo Roho niwe udaha imbaraga n'ubwenge kugirango tubashe gusobanukirwa n'ibyo twemera kandi duhore twiteguye gusobanura impamvu y'ukwizera kwacu; Petero arabisobanura neza mu isoma rya kabiri. Aha niho Kristu ashaka ko tugera: kumumenya no gukomera ku bumwe bumukomokaho. Ibi abakristu bashobora kubikora ku buryo bubiri. Ubwa mbere ni ukwakira Kristu mu buzima bwacu, tukamumenya kandi tukamukunda. Ubwa kabiri, ni ugukundisha Kristu abatamuzi n'abari mu ngorane zitaborohereza kurangamira ineza n'impuhwe by'Imana. Uyu ni umurimo wa Roho Mutagatifu kuko ni umuvugizi, umwunganizi n'umurinzi wa Kiriziya n'abayo. Tumenyereye ya mvugo ko uwemera Kristu abera abandi Kristu kuko imigenzereze ye iranga iya Kristu kandi ikaganisha kuri Kristu. Na Roho ni kimwe. Uwahawe Roho wa Nyagasani, ahinduka umuvugizi w'ineza y'Imana mu bandi. Ibi bituma twumva neza amagambo ya Pawulo mutagatifu: «Haragasingizwa Imana, Se w'Umwami wacu Yezu Kristu, Umubyeyi w'impuhwe zose kandi utanga ihumure ryuzuye. Ni yo iduhumuriza mu magorwa yacu yose ikaduha natwe guhumuriza abashavuye bose, ubagezaho ihumure twiherewe n'Imana» (2Kor 1,3-4), kimwe n'ayo dusoma mu gitabo cya Izayi umuhanuzi: «Nimuhumurize umuryango wanjye, nimuwuhumurize –ni ko Imana ivuze-» (Iz 40,1). Ibi nibyo abakristu ba mbere bakoze kandi na n'ubu ni byo bigomba kuranga abemera. Kwigiramo ineza, ukwizera n'ihumure dukesha ko tuzi Yezu. Gutanga ihumure rituruka ku Mana ni ugukurikiza amategeko ya Kristu ari yo kumukunda no kumukurikiza, gukundana nk'uko yadukunze. Ng'iyi imetero dupimiraho ko tuzi Imana. Yakobo intumwa abisobanura mu yandi magambo ati «niba umuvandimwe wawe cyangwa mushiki wawe bambaye ubusa, cyangwa se badafite ibyo kurya bya buri munsi, maze muri mwe hakagira ubabwira ati "nimugende amahoro, mwote kandi muryoherwe", atabahaye ibibatunga, byaba bimaze iki?» (Yak 2,15-16). «Unkunda, azakundwa na Data, nanjye nzamukunda kandi nzamwiyereka». Yezu ntadusezeranya amabonekerwa -usibye ko atatugwa nabi-, aradusezeranya kutuba hafi no kunganira imbaraga zacu kugira ngo tube abahamya n'abagabuzi b'ineza ye. Aradusezeranya Roho Mutagatifu, mbaraga z'abemera kugira ngo tugire koko ukwemera gushyitse gushyigikiwe n'ibikorwa biranga abemera. Ya mvugo ngo mu kiriziya ndagerageza, iyo mfite akanya njya mu minsi, siniba, sindoga, ayo hari uko meze mfasha abakene...ntiyagombye kugira umwanya mu buzima bwacu niba koko tugengwa na Roho wa Kristu kandi niba dukunda Kristu koko.
Reka nsozereze kuri iri sengesho rya Roho Mutagatifu:
Ngwino Roho Mutagatifu
Ngwino udutoze umuco wo mu ijuru
Ngwino Mubyeyi w'abakene
Ngwino Soko y'ibyiza
Ngwino Rumuri rw'imitima
Uri Umuhoza usumba byose
Mbera Umushyitsi muhire
Uhumurize umutima wanjye.
Ni wowe buruhukiro bw'abarushye
Ni wowe umara inyota abayifite
Ni wowe uhoza abarira
Ni wowe uhabura abahabye
Ni wowe Rumuri ruhire
Rwuzuze mu mitima y'abakwemera.
29 gicurasi 2011 Umwaka A
Intu 8,5-8.14-17
1Pet 3,15-18
Yh 14,15-21
«Niba munkunda koko, muzubaha amategeko yanjye. Nanjye nzasaba Data, azabahe undi muvugizi, uzaza kubana namwe iteka». Amasomo y'iki cyumweru aradufasha kwitegura umunsi wa Penekositi tuzahimbaza mu byumweru bibiri biri imbere. Igitabo cy'ibyakozwe n'intumwa kiratubwira uburyo intumwa zaramburiye ibiganza ku bemera bo muri Samariya maze Roho akabamanukiraho. Uwo Roho niwe udaha imbaraga n'ubwenge kugirango tubashe gusobanukirwa n'ibyo twemera kandi duhore twiteguye gusobanura impamvu y'ukwizera kwacu; Petero arabisobanura neza mu isoma rya kabiri. Aha niho Kristu ashaka ko tugera: kumumenya no gukomera ku bumwe bumukomokaho. Ibi abakristu bashobora kubikora ku buryo bubiri. Ubwa mbere ni ukwakira Kristu mu buzima bwacu, tukamumenya kandi tukamukunda. Ubwa kabiri, ni ugukundisha Kristu abatamuzi n'abari mu ngorane zitaborohereza kurangamira ineza n'impuhwe by'Imana. Uyu ni umurimo wa Roho Mutagatifu kuko ni umuvugizi, umwunganizi n'umurinzi wa Kiriziya n'abayo. Tumenyereye ya mvugo ko uwemera Kristu abera abandi Kristu kuko imigenzereze ye iranga iya Kristu kandi ikaganisha kuri Kristu. Na Roho ni kimwe. Uwahawe Roho wa Nyagasani, ahinduka umuvugizi w'ineza y'Imana mu bandi. Ibi bituma twumva neza amagambo ya Pawulo mutagatifu: «Haragasingizwa Imana, Se w'Umwami wacu Yezu Kristu, Umubyeyi w'impuhwe zose kandi utanga ihumure ryuzuye. Ni yo iduhumuriza mu magorwa yacu yose ikaduha natwe guhumuriza abashavuye bose, ubagezaho ihumure twiherewe n'Imana» (2Kor 1,3-4), kimwe n'ayo dusoma mu gitabo cya Izayi umuhanuzi: «Nimuhumurize umuryango wanjye, nimuwuhumurize –ni ko Imana ivuze-» (Iz 40,1). Ibi nibyo abakristu ba mbere bakoze kandi na n'ubu ni byo bigomba kuranga abemera. Kwigiramo ineza, ukwizera n'ihumure dukesha ko tuzi Yezu. Gutanga ihumure rituruka ku Mana ni ugukurikiza amategeko ya Kristu ari yo kumukunda no kumukurikiza, gukundana nk'uko yadukunze. Ng'iyi imetero dupimiraho ko tuzi Imana. Yakobo intumwa abisobanura mu yandi magambo ati «niba umuvandimwe wawe cyangwa mushiki wawe bambaye ubusa, cyangwa se badafite ibyo kurya bya buri munsi, maze muri mwe hakagira ubabwira ati "nimugende amahoro, mwote kandi muryoherwe", atabahaye ibibatunga, byaba bimaze iki?» (Yak 2,15-16). «Unkunda, azakundwa na Data, nanjye nzamukunda kandi nzamwiyereka». Yezu ntadusezeranya amabonekerwa -usibye ko atatugwa nabi-, aradusezeranya kutuba hafi no kunganira imbaraga zacu kugira ngo tube abahamya n'abagabuzi b'ineza ye. Aradusezeranya Roho Mutagatifu, mbaraga z'abemera kugira ngo tugire koko ukwemera gushyitse gushyigikiwe n'ibikorwa biranga abemera. Ya mvugo ngo mu kiriziya ndagerageza, iyo mfite akanya njya mu minsi, siniba, sindoga, ayo hari uko meze mfasha abakene...ntiyagombye kugira umwanya mu buzima bwacu niba koko tugengwa na Roho wa Kristu kandi niba dukunda Kristu koko.
Reka nsozereze kuri iri sengesho rya Roho Mutagatifu:
Ngwino Roho Mutagatifu
Ngwino udutoze umuco wo mu ijuru
Ngwino Mubyeyi w'abakene
Ngwino Soko y'ibyiza
Ngwino Rumuri rw'imitima
Uri Umuhoza usumba byose
Mbera Umushyitsi muhire
Uhumurize umutima wanjye.
Ni wowe buruhukiro bw'abarushye
Ni wowe umara inyota abayifite
Ni wowe uhoza abarira
Ni wowe uhabura abahabye
Ni wowe Rumuri ruhire
Rwuzuze mu mitima y'abakwemera.
Inscription à :
Articles (Atom)
Rechercher dans ce blog
umuryango wa Thomas
MUSENYERI N'URUNGANO
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
MUSENYERI ASURA ABARWAYI
VISITE PASTORALE
musenyeri asura abarwayi
VISITE PASTORALE
musenyeri asura Villa Samuel
VSITE PASTORALE
MUSENYERI ARAMUTSA UBUYOBOZI
VISITE PASTORALE
ORCHESTRE Y'ISHURI RYISUMBUYE
visite pastorale
ishuri ribanza
visite pastorale
ishuri ribaza
visita pastorale
visite pastorale
imbaga yari yaje gusanganira musenyeri
Visite pastorale
abana n'abakateshisti
Visite pastorale
UMUTAMBAGIRO W'ABANA
Visite pastorale
accueil
ordination dell'abbé Claude Mutabazi
foto y'abavandimwe
amafoto
ishusho ya Bikira Mariya
amafoto yo mu Rwanda
igitoki cya poyo
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'ibijumba
amafoto yo mu Rwanda
umurima w'amasaka
amafoto yo mu Rwanda
ubusitani
amafoto yo mu Rwanda
amwe mu mazu y'i Kigali
amafoto yo mu Rwanda
abana b'i Kiruhura mu missa
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini2008
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini
umutambagiro
Corpus Domini 2008
inkongoro
ikirugu
P Santa Maria Assunta in Gagliano
IKIRUGU
YOZEFU YAKIRA MARIYA NG BABANE NYUMA Y'IBONEKERWA MU NZOZI
SPELLO (UMBRIA)
ABAKRISTU BITEGURA UMUNSI MUKURU 'ISAKARAMENTU RITAGATIFU
GAGLIANO YA CATANZARO
URUBYIRUKO
PARUWASE YITIRIWE BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
kiriziya ya mut Patero i Roma
COLOSEO: AHO ABAKRISTU BA MBERE BAHOWE IMANA
ITAMBAGIZA RY'ISAKARAMENTU RITAGATIFU MURI PARUWASE YA BIKIRA MARIYA AJYANWA MU IJURU
GAGLIANO MURI CATANZARO
MURI PARUWASE HABA UMUSABANO N'ABAKRISTU

UBUSITANI BWO MURI LETA YA VATIVANI
ROMA
SANCTUAIRE DE SAN AMBROISE
GUBBIO (UMBRIA)
BASILIKA YA MUTAGATIFU FRANSISIKO
ASSISI (UMBRIA)
Archives du blog
Qui êtes-vous ?
ikaze
mbifurije ikaze. Ndifuza gusangira namwe ibitekerezo cyane cyane ibijyanye n'ukwemera, inama zinyuranye mu myitwarire, utuntu n'utundi,...
Imana ibahe umugisha.
ERMO DELLE CARCERI
ASSISI
abapadiri mu gitambo cya missa bishimira Imana
orduantion dell'Abbé Claude Matabazi